Soya ni ikiribwa cyamamaye cyane kubera uburyo gikungahaye mu bitunga umubiri ugereranyije n’izindi mboga zumye, yifitemo ubushobozi bwo kuvura no kurinda indwara umuntu ashobora kurya ku rugero ashatse.
Mu kiganiro na muganga mukuru w’ibitaro bya Byumba mu karere ka Gicumbi Dr. Muhairwe Fred avuga ko soya ari ikiribwa ndetse ikaba n’umuti .
Yavuze ko icyiza cya Soya ari uko itagira ikinyamavuta gitera ibinure (cholesterol), ari cyo soko y’indwara z’imiyoboro y’ amaraso n’izindi.
Ku bijyanye n’imirire yavuze ko Soya igira akamaro kanini cyane mu gutanga indyo yuzuye ku bantu bariye nabi cyane cyane ku bana barwaye indwara ya bwaki. Ifite inyubakamubiri nyinshi kurusha inyama. Soya ngo ifite kandi Kalisiyumu (Calcium) nyinshi kurusha amata,ikanagira Vitamine B1,B2,B6 kurusha amagi.
Soya ni ikimera gikenye kuri vitamine C na A. Ikungahaye cyane ku binyamavuta kurusha izindi mboga zumye, ibyo binyamavuta bigabanya ibinure mu mubiri. Ibi bituma ivamo amavuta meza ku buzima bw’umuntu. Ikindi imariye umuntu Ni uko yongerera umuntu mukuru imyunyu yose akeneye buri munsi.
Soya ikennye ku munyu witwa sodiyumu ariwo utuma amazi aguma mu ngingo, ni yo mpamvu soya ikenewe ku bantu bafite indwara z’imitima. Ituma inzira y’ibiryo inozwa neza kubera kugira icyo bita (fibre alimentaire) .
Soya ubwayo yifitemo intungamubiri zo kurwanya indwara. Urugero atanga ngo ituma uturemangingo(cellules) tubyara kanseri tudakorwa.
Avuga ko ku bagore gukoresha soya cyangwa ibiyikomokaho buri gihe biringaniza imisemburo mu mubiri wabo .
Ati “ ni nziza ku bagore bafite kanseri y’amabere cyangwa se bashaka kuyirinda. Ikindi Soya ikora ni ukugenzura ukwezi k’umugore (ituma ukwezi kudahindagurika) mbere yo gucura(ménopause), ikoroshya ibibazo biterwa no gucura n’ibindi.


