Mukeshamungu Felicita utuye mu murenge wa Rugarama, mu karere ka Burera atangaza ko kokora ingurube bimufite akamaro kuburyo byatumye yikura mu bukene maze imibereho yo mu rugo ikazamuka.
Uyu mugore yoroye ingurube imwe. Avuga ko agitangira gushaka umushinga wo gukora yatekereje korora inka ariko arayibura maze yigira inama yo korora ingurube. Abisobanura muri aya magambo:
“Nagerageje gushaka inka mu gihe cyashize ntabwo nabashije kuyibona noneho ntashoboye kuyibona…nagize gutya mfata icyana cy’ingurube nkigura amafaranga ibihumbi 20 ndacyorora, kirakura…”
Akomeza avuga ko iyo ngurube imaze gukura yatangiye kubyara. Kuri ubu abasha kugurisha ibyana by’ingurube akarihira ababana be amashuri. Yanabashije kandi gushyira umuriro w’amashanyarazi mu nzu ye byose abikesha iyo ngurube yoroye nk’uko abitangaza.
Ingurube yoroye ibyara kabiri mu mwaka. Ntabwo ibyara ibyana by’ingurube byinshi kubera ko ipima ibiro byinshi (ibiro 80). Ibyara ibyana batanu cyangwa batandatu. Icyana kimwe akigurisha amafaranga y’u Rwanda ari hagati y’ibihumbi 12 na 15 nk’uko Mukeshamungu abisobanura.
Yongera ho ko ayo mafaranga abona, iyo yagurishije ibyana by’ingurube, ariyo amukemurira ibibazo bitandukanye aba afite. Yizeye kuzakomeza gutera imbere abikesha ingurube yoroye nk’uko abivuga.
Usibye kuba Mukeshamungu yoroye ingurube, ni n’umuhinzi uhinga kijyambere kuburyo abaturanyi be bamwita “umugoronome” (n’ubwo ntabyo yigiye) kubera ukuntu ahinga neza k’umurongo.
Uburyo yorora mo ndetse n’uburyo ahinga mo abikesha inama zitandukanye agenda ahabwa n’abajyanama mu buhinzi n’ubworozi babifashijwe mo n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) nk’uko Mukeshamungu abihamya.


