N k’uko abagore bo mu karere ka Gisagara bagiye babyigishwa mu kwezi kwahariwe umuryango kwashojwe muri iki cyumweru dushoje tariki 9/11/2012 , ngo ni bo nkingi y’isuku igomba kuranga ingo. Ibi babyibukijwe banabwirwa ko ibyo bigishwa muri uku kwezi kose bitarangirira aho ahubwo ari ibikorwa bigomba guhoraho mu rwego rwo gufasha imiryango yabo.
Isuku igomba kuranga urugo, haba mu barutuye no mu bikoresho byarwo ahanini ireba umugore kuko ariwe umenya urugo igihe kinini. Ibi biragarukwaho n’umuyobozi w’akarere ka Gisagara wungirije ushinzwe imibereho myiza madamu Donatille UWINGABIYE, aho ahamagarira abategarugori kwita ku bana babo bakabagirira isuku, kandi bakanamenya isuku yo mu ngo cyane cyane mu bikoresho bitangwamo amafunguro kugirango birinde indwara zishobora guterwa n’umwanda.
Yagize ati “kuba uku kwezi kwahariwe umuyango kwarashojwe ntibivuga ko ibikorwa bigomba guhagarara kuko ni ibya buri gihe. Isuku igomba kuranga ubuzima bwacu bwa buri munsi, niyo mpamvu rero nk’uko tuzi ko abagore aribo bamenya ingo cyane, bagomba kwita ku isuku y’abana cyane, ku yabo ubwabo, ibikoresho bitangwamo ibiribwa mbega bakamenya urugo rwose”.
Abaturage nabo bavuga ko inyigisho bahawe bazumvise kandi ko bazazikurikiza kuko ngo bamaze kumenya akamaro k’isuku n’imirire myiza haba ku bana cyangwa abantu bakuru.
Mukamabano Jeanne utuye umurenge wa Kigembe muri aka karere, avuga ko mbere atajyaga yita ku isuku ndetse ko yanabonyeko ari yo yatumaga abana be barware inzoka cyane, ariko ngo aho amaze kwigishirizwa ibijyanye nayo ndetse no kugabura amafunguro atunganye ku isuku n’intunga mubiri, ntazongera kubyirengagiza kandi ngo azabitoza na buri wese mu muryango we.
Ubuyobozi bw’akarere nabwo bwiyemeje kujya bukomeza gukebura abagore batuye muri aka karere ku buryo nta rugo na rumwe ruzasigara rurangwamo n’umwanda n’imirire mibi.


