Rwanda : Igiceri cy’amafaranga ijana cyabafashije guca nyakatsi kuburiri

 

Zimwe muri Matora zatanzwe na koperative Dusasirane

Zimwe muri Matora zatanzwe na koperative Dusasirane

Abagore bari muri koperative Dusasirane yo mu mudugudu wa Kabeza  mu murenge wa Nyamiyaga, Akarere ka Gicumbi,bamaze gufashanya muri byinshi babikesha gutanga umugabane w’amafaranga 100 gusa. Ibi rero babikoze nyuma yo gusobanukirwa neza gahunda za Leta zo kwitabira gukorera hamwe maze bahera ku gikorwa cyo guca nyakatsi yo kuburiri.

Aba bagore bibumbiye muri koperative Dusasirane badutangarije ko hari intambwe imaze guterwa mu kwiteza imbere. Nyuma yo kwibumbira hamwe bakoze ikimina cy’amafaranga 100 ya buri cyumweru kuri buri munyamuryango, buhoro buhoro baza no kugera kuri 200 ya buri cyumweru  intego ari iyo kuzaca nyakatsi yo ku buriri.

Mukaremera Josée, atangaza ko ngo bagiye bamusindagiza kubera amikoro make kugira ngo icyo ashaka akigereho ubu abasha kuryama kuri matora abikesha iryo shyirahamwe.

Icyakora n’ubwo baciye nyakatsi ku buriri, hari imbogamizi aba bagore bagiye bahura nazo mu mikorere yabo ya buri munsi, harimo nko gutakaza abanyamuryango, nk’uko byatangajwe na Mukabahizi Alodie, umuyobozi wa koperative Dusasirane.

Bashishikarije abanyarwanda kwibumbira mu mashyirahamwe,  kuko ngo nta muntu umwe wigira, aribyo bizatuma biyubakira igihugu cyabo.

Koperative Dusasirane yatangiye tariki ya 7 Kanama  2011, ifite abanyamuryango 73 ku mugabane nshingiro w’amafaranga 100 kuri buri munyamuryango, kuri ubu isigaranye abanyamuryango 33 ari nabo baguriwe matola mu rwego rwo guca nyakatsi ku buriri.

Usibye kuba baguriranye matola zihwanye n’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 486.000, barateganya no kugurirana intebe ndetse no kuvugurura amazu atameze neza mu banyamuryango bayo.

 

 

 

 

Tags: , , , , , , ,

No comments yet.

Leave a Reply

Rulindo: Ihuriro ry’abagore bakora umwuga w’itangazamakuru mu Rwanda ARFEM ryasuye abaturage.

Kuri uyu wa kabiri tariki 22/5/2013, mu karere ka Rulindo, habereye igikorwa cyo kuganira n’abaturage hagati y’ihuriro ry’abagore bakora umwuga [...]

Gatsibo women applaud cooperatives in Poverty reduction

The members of Izere Ukore cooperative that does crafts compositions and COPROCHA cooperative that grows mushrooms say forming cooperatives and [...]

Nyamirama: Rwanda women in crafts compositions

Women working with Save Our Souls (SOS) Rwanda in Nyamirama Sector Kayonza district call upon their fellow women to come [...]

Women’s hope reviving through sowing & knitting training

Fifty two underprivileged young women and girls are attending three-month training in sowing and knitting conducted by ‘Rise to Shine’ [...]

Gatsibo: Bikuye mu bukene babikesha kwibumbira hamwe mu mashyirahamwe

Abibumbiye mu mashyirahamwe Izere Ukore ikora ubukorikori na COPROCHA ihinga ibihumyo, agizwe n’abagore b’abapfakazi rikorera mu Murenge wa Kiramuruzi, Akarere [...]

Nyamirama: Abagore bakorana na SOS barashishikariza bagenzi babo kwitabira imyuga y’ubukorikori aho guhora bateze amaboko

Abagore bakorana n’ikigo cya SOS mu murenge wa Nyamirama mu karere ka Kayonza barashishikariza bagenzi babo kwibumbira hamwe bakiga imyuga y’ubukorikori. Ibyo ngo byatuma baca ukubiri no guhora bateze amaboko nk’uko bivugwa na Mutegwamaso Doroteya wo muri koperative ikigo cya SOS gitera inkunga.

Abagore bakorana n’ikigo cya SOS mu murenge wa Nyamirama mu karere ka Kayonza barashishikariza bagenzi babo kwibumbira hamwe bakiga imyuga [...]