Abagore barimo gutera imyenda amarangi. (Photo: N. Leonard)
Abagore bo mu Murenge wa Kivuruga mu Karere ka Gakenke bibumbiye mu ishyirahamwe batangiye kwiteza imbere batera imyenda amarangi. Batangaza ko mu gihe indi myenda icuyuka, ngo iyabo ifite umwihariko kuko idashobora gucuyuka.
Abo bagore bemeza amafaranga bakura muri ako kazi yunganira abagabo mu kwita kun go zabo bityo abagabo bakaba batakibasugura nka mbere bakirirwa mu rugo ntacyo binjiriza urugo.
Bagaragaza ko bahura n’ikibazo cyo kubona ibikoresho birimo amarangi n’ibindi bavangamo kuko bibasaba kujya mu gihugu cy’u Bugande kandi banakeneye ingendoshuri ahandi kugira ngo barebe uko babikora.
Ubushobozi buke basanga bukiri imbogamizi ibabuza gukora imyenda byinshi kugira ngo bgire icyo binjiza kigaragara; nk’uko abo bategarugori babishimangira.
Umushinga wa World Vision ukorera mu Murenge wa Kivuruga wabemereye inkunga utarashyira ahagarara uko ingana. Ariko, iyo nkunga itanga icyizere ko bagiye gukora neza nibaramuka bayicunze neza.

