Umubyeyi Niyimpaye Epiphany utuye mu murenge wa Byimana mu karere ka Ruhango,yatangiye gukorana n’amatsinga afite amafaranga 300 yagurijwe n’umuntu bituma abasha kwiyubakira inzu y’ibyumba bine.

Niyimpaye avuga ko yamenye ubwenge nta se na nyina agira, atishoboye ku buryo yashakaga aho avana amafaranga yo kwiteza imbere ntahabone.

Mu mwaka wa 2011 yaje kubwirwa na bagenzi be ko hari itsinda bakoreramo ryitwa intambwe kandi ko na we yarijyamo akabasha kwiteza imbere.

Nyuma y’igihe kinini yabonye umuguriza yinjira mu kimina, aza kukiguzamo atangira ubucuruzi abifashijwemo n’umushinga Care Internatioanal wamuhuguye ku buryo bwo gukoresha amafaranga yabaga yagujije.

Ibi byatumye ubu amaze kuzuza inzu y’ibyumba bine, yemeza ko bidakunze korohera buri muntu wese.

Karake Gilbert uhagarariye umushinga Care International mu ntara y’amajyepfo, avuga ko bafite amatsinda atandukanye y’abaturage bafasha mu ntara y’amajyepfo ahanini agizwe n’abagore bangana na 80%, ku buryo bayafasha gucunga imishinga yo kubitsa no kugurizanya bakanabafasha gukoresha amafaranga bagujije mu buryo bwiza bubabyarira inyungu.

Si uyu muturage witeje imbere gusa binyuze mu kugana amatsinda, kuko hari abaguze amatungo arimo inka n’abiguriye imifariso hamwe n’imyambaro.

Kugeza ubu akarere ka Ruhango kabarirwamo umubare w’abantu batari bake bamaze kwiteza imbere babikesha kwibumbira mu matsinda babishishikarijwe na Care Internatinal.

 

 

 

 

No comments yet.

Leave a Reply

Gatsibo: Bikuye mu bukene babikesha kwibumbira hamwe mu mashyirahamwe

Abibumbiye mu mashyirahamwe Izere Ukore ikora ubukorikori na COPROCHA ihinga ibihumyo, agizwe n’abagore b’abapfakazi rikorera mu Murenge wa Kiramuruzi, Akarere [...]

Nyamirama: Abagore bakorana na SOS barashishikariza bagenzi babo kwitabira imyuga y’ubukorikori aho guhora bateze amaboko

Abagore bakorana n’ikigo cya SOS mu murenge wa Nyamirama mu karere ka Kayonza barashishikariza bagenzi babo kwibumbira hamwe bakiga imyuga y’ubukorikori. Ibyo ngo byatuma baca ukubiri no guhora bateze amaboko nk’uko bivugwa na Mutegwamaso Doroteya wo muri koperative ikigo cya SOS gitera inkunga.

Abagore bakorana n’ikigo cya SOS mu murenge wa Nyamirama mu karere ka Kayonza barashishikariza bagenzi babo kwibumbira hamwe bakiga imyuga [...]

Rulindo: District donates cows to women coffee growers

Rulindo district administration has donated cows to the women coffee growers who embarked on improving coffee production in Rulindo district. [...]

Number of Women employees in health sector surpasses men

According to the gender statistics published by the National Institute of Statistics of Rwanda [NSIR], it was noted that more [...]

Rulindo: abagore bahinga ikawa bahawe inka

Rulindo: abagore bahinga ikawa bahawe inka

Kuri uyu wa kabiri, tariki ya 14 z’ukwa gatanu, 2013 mu mirenge  itandukanye mu karere ka Rulindo habereye igikorwa cyo [...]

RUSIZI: ABAGORE BARASABWA KUDAHERANWA N’UBUKENE

Abagore bagera kuri 56 bo mu karere ka Rusizi  barakangurirwa kumenya  Gutegura no gucunga neza imishinga ibabyarira inyungu, ibi babisabwe [...]