Abagore bo mu murenge wa Rutare mu karere ka Gicumbi barishimira ko ntawugisabiriza ibimutunga ahubwo bose bahagurukiye gukora kugirango biteze imbere kandi bakaba bamaze kugera kuri byinshi aho bigishijwe gukora ibitebo bishyushya ibiryo.
Kuri uyu wa 20/11/2012 Mukakarangwa Berthilde atangaza ko bamaze kwiga gukora ibintu bitandukanye harimo ibitebo bishyushya ibiryo.
Hari byinshi bishimira bagezeho, birimo kuba barabashije kwibumbira mu mashyirahamwe n’ama koperative arimo ay’ubuhinzi, ubukorikori n’ibindi.
Mu byo abagore bo muri uyu murenge wa Rutare batangaza harimo kwishimira ibitebo bishyushya amafunguro igihe kirekire abenshi bakaba bajya mu kazi kabo bamaze gutegura ayo mafunguro ntibirirwe batakaza umwanya wabo muri iyo mirimo yo guteka inshuro nyinshi ku munsi bagaruka bagasanga ibiryo bigishyushye nk’uko bitangazwa na Mukakarangwa Berthilde umwe muri abo bagore bigishijwe kubikora babifashijwemo n’umuryango wa world vision.
Si ibi bitebo gusa bakora kuko banubakiranye ibigega bifata amazi, banagurirana indobo nini zibikwamo amazi yo kunywa arimo umuti wa sur’eau.
Ahobantegeye Didasiyana wo mu mudugudu wa Nyakavunga, akagari ka Kigabiro atangaza ko abagore bo muri uyu murenge bafite gushyira hamwe kuko bihaye gahunda bise “ubukwe bw’umukene” aho bafasha bagenzi babo babaha ibyo kurya n’ibikoresho bitandukanye byo murugo.
Mukangango Donatile umuhuzabikorwa w’inama y’igihugu y’abagore mu murenge wa Rutare yishimira ko abagore bo mu murenge wa


