Uyu ni umwanzuro wavuye muri kongere (congres) y’Inama y’Igihugu y’Abagore mu karere ka Ngororero yabaye ku matariki ya 18 na 19 Ukuboza 2012, aho abayitabiriye bihaye umuhigo wo kuzamurana mubukungu.
Nkuko byagaragajwe n’abo bagore, ngo mukarere ka Ngororero bigaragara ko abagore bahagurukiye kwihangira imirimo no kwibumbira mu makoperative kurusha abagabo, ariko hakaba hakigaragara n’abagore baba mubukene bukabije nanone kurusha abagabo.
Imwe mumpamvu abagore bavuga ko zituma haba ihohoterwa rikorerwa mungo no kudahabwa ijambo mubuzima bw’urugo ngo ni uko abagore benshi batega amaramuko kubagabo babo, bityo bagafatwa nk’abadafite akamaro, ibi bikaba bigomba gucika abagore bose bafatanyije nkuko Mukandekezi Petronile, perezida wa CNF mu karere ka Ngororero yabidutangarije.
Muri iyo kongere kandi, abagore bafashe imyanzuro itandukanye y’ibyo bagiye gukora mu mwaka utaha : Abagore biyemeje kujya batanga raporo y’ibikorwa ku gihe. Buri mugore yiyemeje kurushaho kuzuza inshingano ze kumenya inshingano za buri wese , kugira ngo arusheho guteza imbere abo ahagarariye.
Biyemeje guharanira kurushaho kugirirwa icyizere, bikazabageza ku kuba ababyeyi beza babereye Igihugu, biyemeje kuzesa imihigo bahize 100 % kandi ku gihe, biyemeje kongera umurego mu gukangurira bagenzi babo kwitabira gahunda za leta zinyuranye ndetse no kubakangurira kumenya amategeko cyane cyane abarengera.
Biyemeje gushyira ingufu mu bikorwa byo kurwanya ibiyobyabwenge imwe mu ngamba akaba ari gutangira amakuru ku gihe ajyanye n’ikoreshwa n’ikwirakwizwa ryabyo. Abagore bitabiriye inama rusange biyemeje kurushaho kwitabira ibikorwa bibateza imbere ;
Mu buryo bwo kwihesha agaciro no kwigira, abagore bitabiriye inama rusange bahize amafaranga yo gushyira mu kigega « agaciro Development Fund » agera ku 580.000frs, ku ikubitiro hakaba haratanzwe 170.900frs andi akazatangwa bitarenze ukwezi kwa 3/2013.

