U muryango wita kubana n’urubyiruko binyuze mu myidagaduko Right to
Play taliki 17/12/2012, rwahaye ubumenyi urubyiruko rw’abakobwa
rukorera mu mirenge igize akarere ka Rubavu kubirebana no guhanahana
amakuru no ku miyoborere myiza.
Nubwo u Rwanda rugaragaza umuco wo guteza imbere imyigire y’umwana
w’umukobwa n’uburinganire mu nzego zose, ngo hari aho bigaragara ko
abakobwa n’abagore bakitinya mu kujya mu nzego zifata ibyemezo, abandi
bagatinya gutanga amakuru mubyo bakora batinya ko byabagiraho
ingaruka.
Right to play nk’umuryango wita kubana n’urubyiruko wahisemo gufasha
urubyiruko rw’abakobwa bo mu karere ka Rubavu kwigirira icyizere kandi
bakamenya amahame y’imiyoborere myiza bamenya no gutanga amakuru kubyo
bakora.
Bamwe mubahawe ubumenyi bavuga ko bashoboye kongererwa icyizere cyo
gutinyuka batarobanuye akazi kuko u Rwanda rucyeneye abarwubaka mu
nzego zose hatabaye gutinya kandi byaragaragaye ko hari byinshi
bashoboye.
Urubyiruko rw’abakobwa bo mu karere ka Rubavu ruvuga ko rwungutse
ubumenyi ku ndangagaciro ziranga umuyobozi, kuba indahemuka, kugira
ibanga, kubahiriza igihango n’abo ayobora, guharanira kuba intwali no
kugira imyitwarire myiza.
Umuryango right to play ukaba utangaza ko ushaka gufasha urubyiruko
rw’abakobwa bo mu karere ka Rubavu kugira indangagaciro z’ubuyobozi
n’umunyarwanda aho ubumenyi butangwa k’urubyiruko rw’abakobwa bigomba
kugera mu mirenge yose bikabafasha guhindura imyumvire n’imyitwarire.

