Ibi babisabwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi wungirije ushinzwe Ubukungu n’Imari, Bwana Habyarimana Marcel, ubwo yatangizaga Inteko rusange y’abagore mu Karere ka Rusizi, kuri uyu wa gatanu, tariki ya 28 Ukuboza 2012. Nkuko yabivuze itangiza iyi nteko rusange, ngo nta mugore wari ukwiye gutegereza amakiriro ku bandi kandi nyamara hari amahirwe menshi Leta y’u Rwanda ikomeje kubaha mu rwego rwo kubateza imbere, bityo bakaba bagomba kuyashingiraho biteza imbere.
Umuhuzabikorwa w’inama y’igihugu y’abagore mu Karere ka Rusizi, Madamu Mukandera Marie Jeanne, yavuze ko iyi nteko rusange ngaruka mwaka; igamije kunoza uburyo amakoperative y’abagore yashinzwe mu gihe gishize hakurikijwe imyanzuro yari yafatiwe mu nteko rusange y’ubushize, yatangira gukorana n’ibigo by’imari nka Saccos, agahabwa inguzanyo zo gushora mu mishinga iciriritse, kunoza imikorere yayo, bikajyana no guteza imbere akagoroba k’ababyeyi n’ibindi.
Mu kiganiro cyatanzwe n’Umuyobozi w’Ingabo muri Rusizi na Nyamasheke, Col. Rutikanga Jean Bosco, yasobaniriye aba bagore ko igihe kigeze ngo bagaragaze umusaruro w’amahirwe bahabwa na Leta y’u Rwanda, mu bitekerezo bigomba guherekezwa n’ibikorwa by’amajyambere , kugira ngo koko buri wese amenye ko umugore nawe afite uruhare mu iterambere ry’igihugu, bityo ngo kuba umutekano uriho ni byiza ko bawushingiraho bateza imbere umurimo.
Ku bijyanye n’uko abagore bagomba kwitabira gahunda ya Hanga Umurimo, vice Mayor Ushinzwe ubukungu, Marcel Hayarimana, yasabye aba bagore kugaragaza igitekerezo cy’umushinga wabateza imbere, ubundi ababishinzwe bakabafasha kukinoza no kukibonera inkunga yatuma bawushyira mu bikorwa, bityo bakava mu bukene, hashingiwe ku mirimo idashingiye ku buhinzi n’ubworozi nkuko basanzwe babikora. Avuga kandi ko, nibamara kwitabira neza gahunda ya Hanga umurimo, bizatuma n’imbogamizi batekerezaga ko zituma badatera imbere, zizahita zivaho, ahubwo bagafatanya n’abandi mu gucunga imishinga itanga akazi ku bandi bantu.
Iyi nteko rusange y’abagore mu Karere ka Rusizi, yatangiye kuri uyu wagatanu, ihuje abagore bagera kuri 350 bahagarariye abandi ku va mu kagari kugeza ku rwego rw’akarere, akazamara iminsi 2. Biteganyijwe ko abayiteraniyemo bazahabwa umwanya wo kugaragaza icyakorwa ngo imbogamizi umugore yaba igihura nazo mu mibereho ye no mu iterambere zagaragazwa zikabasha gukurwaho.

