I nama y’Igihugu y’abagore mu Murenge wa Bweyeye ho mu Karere Rusizi yateguye Kongere y’abari mu nzego z’abagore kuva mu Mudugudu kugeza ku rwego rw’Umurenge. Ngo ni mu rwego rwo kugira ngo abatowe baganire ku bibazo bagenda bahura nabyo hagamijwe kuzamura umugore bahagarariye muri izi nzego.

Hakunze kuvugwa ko inzego zitorwa zikora ku nzego zisumbuye nyamara izegereye abo zashyiriweho ugasanga zidakora.  Ibi ngo nibyo byatumye Inama y’Igihugu y’abagore mu Murenge wa Bweyeye itegura iyi Kongere kugira ngo baganire ku cyatuma abo bahagarariye barushaho gutera imbere nkuko umuhuzabikorwa w’iyi nama y’igihugu y’abagore mu Muurenge wa Bweyeye Uwimpeta Consolee yabitangaje

Muri iyi kongere y’umunsi umwe, abagore baganiriye ku buryo bashobora kwiteza imbere, kuzamura imirire mu ngo zabo kandi bita ku isuku y’abana babo kuko ngo akenshi usanga biyitaho ariko abana bakibagirana. Nkuko byatangajwe na AIP Habinshuti mu kiganiro yabagejejeho

Ku bijyanye n’uburyo umugore wa Bweyeye yakwiteza imbere, Mme Mukansanga Epiphanie wo mu Kagari ka Kiyabo uherutse guhabwa igihembo n’Akarere kubera uburyo yiteje imbere ataretse na bagenzi be yakanguriye bagenzi be kureka ubujiji bagakora cyane  ko bagira amahirwe yo kugira ubuyobozi bubitayeho

Aba bagore ariko bavuga ko bagifite imbogamizi zijyanye no kutagira imishinga nk’Umurenge uri inyuma ya Pariki ya Nyungwe. Nkuko byagarutsweho na Nyiragaruka Febronie

Umurenge wa Bweyeye ni umwe mu Mirenge 18 igize Akarere ka Rusizi ukaba ufite abaturage basaga ibihumbi cumi na bitatu.

 

Tags: , , , , , ,

No comments yet.

Leave a Reply

Rulindo: Ihuriro ry’abagore bakora umwuga w’itangazamakuru mu Rwanda ARFEM ryasuye abaturage.

Kuri uyu wa kabiri tariki 22/5/2013, mu karere ka Rulindo, habereye igikorwa cyo kuganira n’abaturage hagati y’ihuriro ry’abagore bakora umwuga [...]

Gatsibo women applaud cooperatives in Poverty reduction

The members of Izere Ukore cooperative that does crafts compositions and COPROCHA cooperative that grows mushrooms say forming cooperatives and [...]

Nyamirama: Rwanda women in crafts compositions

Women working with Save Our Souls (SOS) Rwanda in Nyamirama Sector Kayonza district call upon their fellow women to come [...]

Women’s hope reviving through sowing & knitting training

Fifty two underprivileged young women and girls are attending three-month training in sowing and knitting conducted by ‘Rise to Shine’ [...]

Gatsibo: Bikuye mu bukene babikesha kwibumbira hamwe mu mashyirahamwe

Abibumbiye mu mashyirahamwe Izere Ukore ikora ubukorikori na COPROCHA ihinga ibihumyo, agizwe n’abagore b’abapfakazi rikorera mu Murenge wa Kiramuruzi, Akarere [...]

Nyamirama: Abagore bakorana na SOS barashishikariza bagenzi babo kwitabira imyuga y’ubukorikori aho guhora bateze amaboko

Abagore bakorana n’ikigo cya SOS mu murenge wa Nyamirama mu karere ka Kayonza barashishikariza bagenzi babo kwibumbira hamwe bakiga imyuga y’ubukorikori. Ibyo ngo byatuma baca ukubiri no guhora bateze amaboko nk’uko bivugwa na Mutegwamaso Doroteya wo muri koperative ikigo cya SOS gitera inkunga.

Abagore bakorana n’ikigo cya SOS mu murenge wa Nyamirama mu karere ka Kayonza barashishikariza bagenzi babo kwibumbira hamwe bakiga imyuga [...]