Umugore ari guhingisha imashini
Nyuma y’aho akarere ka Gicumbi kitabiriye ubuhinzi bukoresheje ikoranabuhanga ryo guhingisha amamashini ubu abagore bo muri ako karere barakataje nabo muguhingisha imashini.
Umwe mubagore bo mu murenge wa Miyove Mukandutiye Daphrose atangaza ko nabo babonye ubushobozi bwo guhingisha imashini.
Yagize ati “ ubu se ko mbere twabitinyaga ngo n’iby’abagabo natwe twasanze tutagomba kwitinya maze natwe dutangira kuzikoresha ubu murabona ko mbasha kuyikoresha nta kibazo.
Ikindi ni uko asanga guhingisha amasuka aribwo bavunikaga cyane kuko usanga ahantu imashini ihinze mu minota mike barahahingwaga igihe kinini cyane”.
Aba bagore bumva bazakomeza kugira akanyabugabo ku kwiremamo imbaraga zo gukomeza gukoresha izo mashini kugira ngo bongere umusaruro w’ibihingwa byabo kuko basanze kuzihingisha bitagoye kandi bidasaba n’ubushobozi bw’imbaraga nyinshi.
Ushinzwe ubuhinzi mu karere ka Gicumbi Nzeyimana Jean Chrisostome atangaza ko ubu bari guhugura abazajya bakoresha izo mashini maze bose bagasobanukirwa uburyo bazajya bazikoresha bahinga imyaka, buhira imyaka, cyangwa basarura ibirayi kuko ibyo byose imashini ibasha kubikora neza kandi mugihe gito.


