Umwe mu bagore n’abakobwa bahagaritse gukora uburaya mu karere ka Kayonza witwa Mukashyaka Alice, arasaba abana b’abakobwa kwiga ubukorikori aho gushakira amafaranga mu buraya.
Mukashyaka avuga ko abana b’abakobwa benshi bahuriye mu buraya bavugaga ko babugiyemo kubera ibibazo by’ubukene, bagakora uburaya bashaka gukira. Yongeraho ko n’ubwo abana b’abakobwa benshi bajya mu buraya bahunze ubukene n’ubundi birangira batabonye amafaranga bagiye gushaka mu buraya.
Yitangaho urugero avuga ko mu myaka irindwi yamaze akora uburaya nta mafaranga yavanyemo, akavuga ko ari imvune gusa n’ibyago byo kuba umuntu ukora uburaya yakwandura indwara zandurira mu myanya ndangabitsina cyangwa gutwara inda zitateguwe.
Aha niho ahera agira inama abana b’abakobwa bishora mu buraya iki gihe kubireka bagashaka ikindi kintu bakora, by’umwihariko kugana inzira y’ubukorikori. Abana b’abakobwa ntibakwiye kwiyangiriza ubuzima ngo barashaka ubukire batazapfa bagezeho nk’uko Mukashyaka abivuga.
Uyu mugore w’imyaka 30 ubu yafashe gahunda yo kuzenguruka mu mirenge yose igize akarere ka Kayonza agira inama abagore n’abakobwa bakiri mu buraya kubuvamo. Ibi akaba abikora abifashijwemo n’imiryango irwanya ikanakumira SIDA yanabanje kumuhugura mbere y’uko afata icyemezo cyo kuva mu buraya.


