Abagore bakora ubucuruzi bwambukiranya umupaka cyane cyane uw’u Rwanda n’u Burundi baratangaza ko biyemeje kureka magendu.
Mu gihe bamwe mu bacuruzi bagaragaza ko abakora magendu babibonamo inyungu nyinshi kuko baba batanishyura imisoro, abagore bakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka ubu biyemeje kureka magendu, bityo imisoro batanga ikagira uruhare mu kwiyubakira igihugu, dore ko ariko banavuga ko ibihano bihabwa abafatanwe magendu nabyo bitaba byoroshye nk’uko byemezwa na Mwiza Amina wo mu murenge wa Nyamata mu karere ka Bugesera.
Ati “ nyuma yo guhugurwa n’ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro dusanze tugomba kureka buno bucuruzi butemewe kubakibukora kuko bugira ingaruka ku babukora no kugihugu muri rusange”.
Abo bagore bavuga ko n’ubwo baba bashaka gukira byihuse ariko nabo baba baziko barimo gukora ibinyuranyije n’amategeko.
Mbabazi Tharcia uhagarariye koperative y’abagore bakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka yavuze ko iby’imisoro babimenye neza, ko bagiye guhindura imikorere kandi ko batazongera kunyura mu nzira zitemewe kuko basanze bahombyaga Leta.
Rukundo Julius ushinzwe ubukungu n’iterambere mu karere ka Bugesera
“Ubu tugiye guhindura imikorere bitewe n’uko tumaze kumenya ko imisoro ntacyo itwaye, cyane ko imisoro imwe yakuweho kandi ari byo twatinyaga. Tugiye kugira izindi ngamba duhindure imikorere. Tugiye gutangira gusorera Leta kuko turabishaka. Twamaze kumenya ko gusorera Leta ari inyungu igaruka igafasha abaturage bose, natwe turimo.”
Umuyobozi w’akarere ka Bugesera wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere Rukundo Julius yabwiye abo bagore ibyiza byo gusora ndetse anababwira icyo imisoro ikora.
Ati “ amafaranga y’imisoro n’amahoro niyo akorwamo ibikorwa remezo byose mubona, birimo imihanda, amashuri abana banyu bigiramo ndetse n’amavuriro mwivurizamo none se nimudasora muzabona ko ibyo bikorwa by’iterambere byagerwaho gute?,
Yasabye bamwe biyise amazina atandukanye nk’abafutuzi, abasherisheri, abacokori n’andi ko bagomba kubireka maze bagakurikira inzira abandi bacamo.
Ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo cy’imisoro n’amahoro bwerekana ko ubucuruzi bwambukiranya imipaka bukorwa n’abagore bagera kuri 75%, aho ngo usanga ubwinshi muri bwo bukorwa mu nzira zitemewe n’amategeko zirimo kwihishahisha inzego za gasutamo no kutishyura imisoro n’amahoro.
Icyo kigo kivuga ko kimaze guhugura abagore barenga 1000 mu rwego rwo gusezerera ubwo bucuruzi butemewe.


