Ngororero: 78% by’abagore nibo babyariye kwa muganga naho 8 bapfuye babyara mu mwaka wa 2012

 Nkuko bitangazwa n’umukozi ushinzwe gukurikirana ibikorwa by’ubuzima mu karere ka Ngororero, mu mwaka ushize wa 2012, abagore 9651 bangana na 72% nibo babyariye kwa muganga, naho abagore 8 bapfuye babyara.

Bwana Kanyeganza Emmanuel, ari nawe wakoze isuzuma rigaragaza uko ubuzima buhagaze mu karere ka Ngororero avuga ko nyuma y’uko babonye umubare ugaragaza ko abagore umunani aribo bapfuye babyara, bimwe mubigonderabuzima nka Ntaganzwa na Nyanjye B byatanze andi makuru avuga ko byari byaribeshye ko ntamugore wabipfiriyemo, ariko ntihagaragazwe impamvu y’uko kwibeshya.

78% by’abagore nibo babyariye kwa muganga naho 8 bapfuye babyara mu mwaka wa 2012

Nyuma yo kwerekwa icyegeranyo, abashinzwe ibikorwa by’ubuzima biyemeje kongera ubukangurambaga.

Umudogiteri (Doctor) ukorera kubitaro bya Kabaya akaba agaragaza ko ubundi imfu z’ababyeyi zitari zikwiye kubaho kubera ko basigaye bakurikiranwa neza, ariko ngo hari n’abigumira mungo zabo ntibipimishe ahubwo bakaza kwa muganga ari uko bafashwe n’inda maze akenshi akaba aribo biviramo urupfu.

Uko kutisuzumisha kugihe kandi ni nabyo bituma 22% bose babyarira mungo no mubavuzi gakondo. Umuyobozi w’ubuzima mu karere ka Ngororero JMV Muganza akaba asaba abajyanama b’ubuzima kongera ubukangurambaga bakora, dore ko ngo hari n’aho batahura abagore batwite ariko bagahisha inda ntibanipimishe, maze bakabakangurira kwipimisha hakiri kare.

Kugabanya imfu z’abana n’ababyeyi ni imwe mu ntego leta y’u Rwanda yihaye muri gahunda ya EDPLS, igamije ahanini iterambere n’imibereho myiza y’abaturage.

 

 

Tags: , , , , ,

No comments yet.

Leave a Reply

Rulindo: Ihuriro ry’abagore bakora umwuga w’itangazamakuru mu Rwanda ARFEM ryasuye abaturage.

Kuri uyu wa kabiri tariki 22/5/2013, mu karere ka Rulindo, habereye igikorwa cyo kuganira n’abaturage hagati y’ihuriro ry’abagore bakora umwuga [...]

Gatsibo women applaud cooperatives in Poverty reduction

The members of Izere Ukore cooperative that does crafts compositions and COPROCHA cooperative that grows mushrooms say forming cooperatives and [...]

Nyamirama: Rwanda women in crafts compositions

Women working with Save Our Souls (SOS) Rwanda in Nyamirama Sector Kayonza district call upon their fellow women to come [...]

Women’s hope reviving through sowing & knitting training

Fifty two underprivileged young women and girls are attending three-month training in sowing and knitting conducted by ‘Rise to Shine’ [...]

Gatsibo: Bikuye mu bukene babikesha kwibumbira hamwe mu mashyirahamwe

Abibumbiye mu mashyirahamwe Izere Ukore ikora ubukorikori na COPROCHA ihinga ibihumyo, agizwe n’abagore b’abapfakazi rikorera mu Murenge wa Kiramuruzi, Akarere [...]

Nyamirama: Abagore bakorana na SOS barashishikariza bagenzi babo kwitabira imyuga y’ubukorikori aho guhora bateze amaboko

Abagore bakorana n’ikigo cya SOS mu murenge wa Nyamirama mu karere ka Kayonza barashishikariza bagenzi babo kwibumbira hamwe bakiga imyuga y’ubukorikori. Ibyo ngo byatuma baca ukubiri no guhora bateze amaboko nk’uko bivugwa na Mutegwamaso Doroteya wo muri koperative ikigo cya SOS gitera inkunga.

Abagore bakorana n’ikigo cya SOS mu murenge wa Nyamirama mu karere ka Kayonza barashishikariza bagenzi babo kwibumbira hamwe bakiga imyuga [...]