Ababyeyi  bagomba kubyara abo bashoboye kurera.

Bamwe mu babyeyi ngo basanga bagomba kubyara abo bashoboye kurera ,bityo nibura abana bakabasha kubaho neza bijyanye n’ubushobozi ababyeyi babo baba bafite.

Kubyara abana b’indahekana kandi biri mu bituma umubyeyi asaza vuba nk’uko ababyeyi ubwabo usanga babyivugira.

Ngo kuba umubyeyi yarabyaye  abana benshi kandi b’indahekana bituma ahora afite intege  nke kubera imiruho n’imihangayiko y’abo bana.

Ngo hari ababyeyi bamwe wasangaga mu gihe cyashize niba adafite inda ahetse gutyo gutyo ,ariko ngo muri iyi minsi byarahindutse.

Ikindi ababyeyi benshi usanga bahurizaho ,ngo ni uko kubyara abana b’indahekana bituma nta mahoro arangwa mu muryango ,ngo kuko akenshi usanga abagabo badakunda bene abo bana ,bigatera amakimbirane hagati y’abagize umuryango.

Gusa aba bayeyi bavuga ko imyunvire imaze guhinduka ku babyeyi b’abagore bamwe na bamwe batuye mu byaro.

Bavuga ko  akenshi wasangaga ari ho hari ibibazo byo kubyaragura kandi nta n’ubushobozi babaga bafite buhagije.

Bamwe mu babyeyi batuye mu murenge wa Kinihira ho mu karere ka Rulindo bavuga ko muri uyu murenge nta bagore bakibyara indahekana.Ngo bose bitabiriye kuboneza urubyaro.

Mukamana Leocadie,afite abana bane,kuri  we ngo asanga mu murenge wabo gahunda yo kubyaragura itakihaba.

Yagize ati”ababyeyi benshi mu murenge wacu bahinduye imyunvire nta wukibyaragura.Mbere wasangaga umugore yonsa agakura umwana ku ibere n’indi nda yagezemo ku buryo hari bamwe mu babyeyi batagiraga umwanya wo kuruhuka .muri iki gihe si ko bimeze ibintu byarahindutse.”

 Babyeyi kandi bavuga ko n’ubukungu bumeze nabi,ngo  nta watinyuka kubyara abana benshifite icyo abareresha.Kimwe mu byo bavuga kigoranye kugeza ubu ngo ni imyigire y’abana,bavuga ko iyo wabyaye benshi ,ngo batiga neza nk’uko bikwiye.

Aba babyeyi ngo basanga kubyara abana benshi ari ubujiji.ngo kuko usanga wongera umubare w’abana nyamara ubutaka butiyongera.

Kuba kandi ababayeyi barahinduye imyunvire ngo byabagiriye umumaro kuko n’ubukungu bwabo ngo bwariyongereye ugereranije na mbere batarahindura gahunda.


Tags: , , , ,

No comments yet.

Leave a Reply

Rulindo: abagore bahinga ikawa bahawe inka

Rulindo: abagore bahinga ikawa bahawe inka

Kuri uyu wa kabiri, tariki ya 14 z’ukwa gatanu, 2013 mu mirenge  itandukanye mu karere ka Rulindo habereye igikorwa cyo [...]

RUSIZI: ABAGORE BARASABWA KUDAHERANWA N’UBUKENE

Abagore bagera kuri 56 bo mu karere ka Rusizi  barakangurirwa kumenya  Gutegura no gucunga neza imishinga ibabyarira inyungu, ibi babisabwe [...]

Ngoma: Abagore bibumbiye mu muryango “Mothers Union” wo mu itorero rya EAR Musamvu bakoze amasengesho yo gusabira ingo

Mugihe hashize iminsi hirya no hino mu Rwanda  havugwa imibanire mibi mu bashakanye ndetse binavamo  ubwicanyi hagati yabo, abagore 97 [...]

Ababyeyi barasabwa kurera neza abana babo ngo jenoside itazongera kuba mu Rwanda.

Ababyeyi barasabwa kurera

Umubyeyi witwa Ntitegekerwa Marie Francine arasaba ababyeyi bagenzi be kurera neza abana babo kugira ngo jenoside itazongera kubaho ukundi. Ibi [...]

Ngoma District women train on job creation

Ngoma District women train on job creation

  About 52 women that represent other women in Ngoma district who recently completed the training on job creation projects [...]

Ngoma District women train on job creation

About 52 women that represent other women in Ngoma district who recently completed the training on job creation projects were [...]