M utuyimana Anonciata wo mu kagali ka Torero umurenge wa Ngororero mu karere ka Ngororero yahembwe na bagenzi be kubera ukuntu yagaragaje ibikorwa by’indashyikirwa mu kugerageza kwibeshaho adategereje inkunga ziturutse hanze.

Nkuko uyu mugore abivuga, mu myaka itatu ibanziriza 2012, Mutuyimana yari mucyiciro cy’abatindi aho yahabwaga ubufasha na Leta, ariko inkunga abonya akazibyaza undi musaruro. Mutuyimana akomeza avuga ko kujya kurutonde rw’abafashwa byamuteraga isoni maze agaharanira kwiteza imbere.

Umugore yahembewe ko yaharaniye kwigira

Ubuhinzi bw’urutoki ni kimwe mubyamuzamuye

Uyu mugore ngo nta tungo yigeze ahabwa muri gahunda yo korozanya, ariko ugeze iwe uhasanga amatungo atandukanye, akaba avuga ko yahereye ku ihene zikamuha uburyo bwo korora n’andi matungo.

Igikorwa gikomeye uwo mugore ufite abana 3 akaba ari umupfakazi yagezeho ni uko yabashije kuvugurura urutoki rwe akoresheje amaboko ya ubu akaba agurisha ibitoki bipima ibiro hagati ya 50 na 80. Abana b’uyu mugore naboyabashyize mu mashuli kandi avuga ko azabarihirira kugeza aho bashaka.

Nyuma yo kubona ko yarwanya intambara itoroshye mu guteza imbere urugo rwe, CNF y’akarere ka Ngororero ikaba yaramugeneye ishimo inasaba abandi bagore kutitinya ahubwo bagaharanira iterambere ryabo.

Ibihembo Mutuyimana yahawe harimo icyemezo cy’ishimwe hamwe n’amafaranga ibihumbi 200 by’u Rwanda. Mukandekezi petronille uhagarariye urwego rw’abagore mu karere ka Ngororero akaba asaba abandi bagore bacyugarijwe n’ubukene gutera ikirenge mucya mugenzi wabo kuko kwitunga binyura umutima kurusha gutungwa n’abandi.

Tags: , , , ,

No comments yet.

Leave a Reply

Nyamirama: Abagore bakorana na SOS barashishikariza bagenzi babo kwitabira imyuga y’ubukorikori aho guhora bateze amaboko

Abagore bakorana n’ikigo cya SOS mu murenge wa Nyamirama mu karere ka Kayonza barashishikariza bagenzi babo kwibumbira hamwe bakiga imyuga y’ubukorikori. Ibyo ngo byatuma baca ukubiri no guhora bateze amaboko nk’uko bivugwa na Mutegwamaso Doroteya wo muri koperative ikigo cya SOS gitera inkunga.

Abagore bakorana n’ikigo cya SOS mu murenge wa Nyamirama mu karere ka Kayonza barashishikariza bagenzi babo kwibumbira hamwe bakiga imyuga [...]

Rulindo: District donates cows to women coffee growers

Rulindo district administration has donated cows to the women coffee growers who embarked on improving coffee production in Rulindo district. [...]

Number of Women employees in health sector surpasses men

According to the gender statistics published by the National Institute of Statistics of Rwanda [NSIR], it was noted that more [...]

Rulindo: abagore bahinga ikawa bahawe inka

Rulindo: abagore bahinga ikawa bahawe inka

Kuri uyu wa kabiri, tariki ya 14 z’ukwa gatanu, 2013 mu mirenge  itandukanye mu karere ka Rulindo habereye igikorwa cyo [...]

RUSIZI: ABAGORE BARASABWA KUDAHERANWA N’UBUKENE

Abagore bagera kuri 56 bo mu karere ka Rusizi  barakangurirwa kumenya  Gutegura no gucunga neza imishinga ibabyarira inyungu, ibi babisabwe [...]

Ngoma: Abagore bibumbiye mu muryango “Mothers Union” wo mu itorero rya EAR Musamvu bakoze amasengesho yo gusabira ingo

Mugihe hashize iminsi hirya no hino mu Rwanda  havugwa imibanire mibi mu bashakanye ndetse binavamo  ubwicanyi hagati yabo, abagore 97 [...]