Abagore biyemeje gufata iya

Abagore bahagarariye abandi mu nama y’igihugu y’abagore mu karere ka Nyamagabe batangaza ko bafite imbaraga n’ubushake mu guhangana n’ikibazo cy’imihindagurikire y’ikirere. Ibi aba bagore basaga 40 ku rwego rw’akarere n’imirenge, babitangaje nyuma y’ibiganiro by’iminsi ibiri kuva tariki ya 30 kugeza 31/01/2013, byateguwe ku bufatanye bw’ikigo cy’Igihugu cyita ku bidukikije (REMA) n’inama y’igihugu y’abagore mu Rwanda.

Aba bagore baravuga ko nk’abantu bafata umwanya wo gutegura amafunguro bafite uburyo babikora badakoresheje inkwi nyinshi, rondereza zikaba zabafasha kugabanya ibicanwa no kwirinda kohereza imyotsi mu kirere bataretse n’imirimo yo kurwanya isuri no kubikangurira abagize umuryango.

Muhimpundu Veneranda wo mu murenge wa Uwinkingi yagize ati: “Twafashe ingamba zo kurwanya gusarura ibiti mu kajagari no gukoresha rondereza mu kugabanya ibicanwa, no kwirinda kohereza imyotsi mu kirere ibyo bikajyana n’isuku y’ibidukikije, tuvangura imyanda ibora n’itabora….”.

Umuyobozi w’akarere ka Nyamagabe wungirije ushinzwe ubukungu akaba n’umuhuzabikorwa w’inama y’igihugu y’abagore ku rwego rw’akarere, Mukarwego Umuhoza Immaculée avuga ko imihindagurikiye y’ikirere igira ingaruka zikomeye ku bukungu n’imibereho myiza y’abaturage bo mu cyaro ahanini batunzwe n’ubuhinzi.

Ati: “Niho rimwe na rimwe ubona ya myuzure ubundi hakava izuba ryinshi, iyo umuturage wacu atejeje neza imyaka  tuba twasubiye inyuma mu bukungu”.

Abakozi ba REMA n’ab’inama y’igihugu y’abagore bakurikiraniraga hafi ibi biganiro byabera mu mujyi wa Nyamagabe, bagaragaje abagore nk’imbaraga mu kurengera ibidukikije kandi bavuga ko ibi biri mu rwego rwo kwesa imihigo y’izo nzego zombi mu bijyanye no kubungabunga ibidukikije.

Ikibazo cy’imihandagurikire y’ikirere kiri mu bihangayikishije isi muri iki gihe mu gihe giterwa ahanini n’ibikorwa bya muntu.

Tags: , , , , ,

No comments yet.

Leave a Reply

Rulindo: Ihuriro ry’abagore bakora umwuga w’itangazamakuru mu Rwanda ARFEM ryasuye abaturage.

Kuri uyu wa kabiri tariki 22/5/2013, mu karere ka Rulindo, habereye igikorwa cyo kuganira n’abaturage hagati y’ihuriro ry’abagore bakora umwuga [...]

Gatsibo women applaud cooperatives in Poverty reduction

The members of Izere Ukore cooperative that does crafts compositions and COPROCHA cooperative that grows mushrooms say forming cooperatives and [...]

Nyamirama: Rwanda women in crafts compositions

Women working with Save Our Souls (SOS) Rwanda in Nyamirama Sector Kayonza district call upon their fellow women to come [...]

Women’s hope reviving through sowing & knitting training

Fifty two underprivileged young women and girls are attending three-month training in sowing and knitting conducted by ‘Rise to Shine’ [...]

Gatsibo: Bikuye mu bukene babikesha kwibumbira hamwe mu mashyirahamwe

Abibumbiye mu mashyirahamwe Izere Ukore ikora ubukorikori na COPROCHA ihinga ibihumyo, agizwe n’abagore b’abapfakazi rikorera mu Murenge wa Kiramuruzi, Akarere [...]

Nyamirama: Abagore bakorana na SOS barashishikariza bagenzi babo kwitabira imyuga y’ubukorikori aho guhora bateze amaboko

Abagore bakorana n’ikigo cya SOS mu murenge wa Nyamirama mu karere ka Kayonza barashishikariza bagenzi babo kwibumbira hamwe bakiga imyuga y’ubukorikori. Ibyo ngo byatuma baca ukubiri no guhora bateze amaboko nk’uko bivugwa na Mutegwamaso Doroteya wo muri koperative ikigo cya SOS gitera inkunga.

Abagore bakorana n’ikigo cya SOS mu murenge wa Nyamirama mu karere ka Kayonza barashishikariza bagenzi babo kwibumbira hamwe bakiga imyuga [...]