Muri gahunda yo kuzirikana kukwezi kwahariwe iterambere ry’umukobwa n’umugore, urubyiruko rw’abakobwa rurakangurirwa kwirinda kwandura Virusi itera SIDA ndetse no kwirinda kugira uruhare mu ihohoterwa rishobora kubakorerwa ahubwo bakaryamagana. Gahunda y’ubukangurambaga kunsanganyamatsiko igira iti “Mparanire Agaciro kanjye mubuzima buzira ihohoterwa” ikaba yatangiriye kuri uyu wa gatatu mu murenge wa Matyazo mukigo cy’ishuri ryigisha abakobwa rya CIC [...]
NTA BUCUTI BUHAMYE BUKIBA HAGATI Y’ABANA B’ABAKOBWA
Kera mu muco nyarwanda abana b’abakobwa bari mukigero kimwe cy’ubwangavu bagiranaga ubucuti buhamye, bagahuzwa no kwigishanya imirimo itandukanye yabaga igenewe abakobwa, bakagirana inama kandi bakagirirana ibanga. Umukecuru Kabarore Dorosela n’inshuti ye Palasidiya Mukambayire batuye mu murenge wa Save akarere ka Gisagara, bavuga ko ubu bucuti butakibaho, ko ubu abahura bahuzwa n’uko umwe hari icyo akura [...]
Rwanda | Nyamagabe: Kubaka ubushobozi bw’abana b’abakobwa byagira uruhare mu guhangana naba “Sugar daddy”
Umuryango Tuvuge Twiyubaka ufite icyicaro mu karere ka Nyamagabe uravuga ko wahisemo gufasha abana b’abakobwa gutangira imishinga yo kwiteza imbere nyuma yo kubona ko abashuka abana b’abakobwa bamenyerewe ku izina rya “SUGAR DADDY” bahera ku mikoro make yabo. Ni muri urwo rwego kuri uyu wa gatanu tariki ya 04/01/2013 uyu muryango watangije amahugurwa y’iminsi ibiri [...]
Rubavu :urubyiruko rw’abakobwa bari m’ubuyobozi bahawe ubumenyi bw’uko bagomba kwitwara
Umuryango wita kubana n’urubyiruko binyuze mu myidagaduko Right to Play taliki 17/12/2012, rwahaye ubumenyi urubyiruko rw’abakobwa rukorera mu mirenge igize akarere ka Rubavu kubirebana no guhanahana amakuru no ku miyoborere myiza. Nubwo u Rwanda rugaragaza umuco wo guteza imbere imyigire y’umwana w’umukobwa n’uburinganire mu nzego zose, ngo hari aho bigaragara ko abakobwa n’abagore bakitinya [...]
Bugesera: Rwanda : Abagore n’abakobwa basobanuriwe uruhare rwabo mu guhangana n’ingaruka z’ibiza
Abagore n’abakobwo bo mu karere ka Bugesera basobanuriwe uruhare rwabo mu guhangana n’ingaruka z’ibiza, ibyo biganiro bikaba byarabaye kuwa 9/10/2012 mu kigo cy’amashuri yisumbuye Gashora Girls Academy. Guhera mu kwezi kwa 1 kugeza mu kwezi kwa 9/2012, abantu 60 bahitanywe n’ibiza, 102 barakomereka, amazu y’imiryango agera 1920 arasenyuka, imihanda 11 ntiyongera kuba nyabagendwa kandi n’insengero [...]
Rwanda | Rusizi: Residents urged to improve girl child education
“Treat girls equally with boys at home, allow them access education opportunities like boys and encourage them to be confident and pursue technology courses”. These were among the issues discussed by workers of Plan International Rwanda during the students’ workshop at Jill Baram secondary school in Rusizi district. Alice Rwema Iribagiza, in charge of communication [...]
RWANDA | RUSIZI: BARASABWA KWITA K’ UBUREZI BUFITE IREME KU MWANA W’UMUKOBWA
Kumva ko buri wese biri mu nshingano ze kugira uruhare mu gukuraho inzitizi izo ari zo zose zadindindiza uburezi bufite ireme bw’umwana w’umukobwa,guha amahirwe angana mu myigire y’abana b’abahungu n’iy’abakobwa,gukangurira abana b’abakobwa kureka kwitinya no gutinyuka amasomo cyane cyane agendanye n’ikoranabuhanga,ibi ni bimwe mu byaganiriweho n’abakozi b’umuryango utegamiye kuri Leta ,Plan International Rwanda, nyuma yo [...]
Rwanda : Abana b’abakobwa barasabwa kwigirira icyizere
Abana b’abakobwa barasabwa kwiyumvamo ubushobozi bakigirira icyizere kugira ngo bashobore gutera imbere no gutegura ubutwari bwabo bw’ejo hazaza. Ibyo urubyiruko rw’abana b’abakobwa babisabwe n’ubuyobozi bw’akarere ka Bugesera ubwo basozaga inyigisho ku kwigirira icyizere no kurwanya icyorezo cya Sida, bagenewe n’abakorerabushake bibumbiye mu muryango Peace Corps Volunters wo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, inyigisho zatangiwe mu [...]
Rwanda | Ruhango: Abakobwa barasabwa guharanira icyabateza imbere birinda ababashuka
Abana b’abakobwa barasabwa kwiyubakomo icyizere baharanira guteza imbere ejo heza habo, bitandukanya n’ababata mu bishuko. Ibi babisabwe n’umuyobozi w’akarere ka Ruhango wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage tariki ya 27/08/201, ubwo yafunguraga amahugurwa y’iminsi 5 agamije kongerera umwana w’umukobwa ubushobozi bwo kwiyitaho. Aya mahugurwa yitabiriwe n’abakobwa bagera kuri 30, yateguwe n’umuryango w’abakorera bushake PEACE CORPS usanzwe [...]
Rwanda : Gatsibo abana b abakobwa bamenye ko Diplôme y umukobwa atari umugabo
Kimwe mu byatumaga abana b’abakobwa bata ishuri bakajya gushaka abagabo birimo kubwirwa ko Diplôme y’umukobwa ari umugabo bakumva ko ibyo bahihibikira bitarimo umugabo nta mugisha bifite. Ubu aho urubyiruko rwegerewe rukigishwa kwigirira ikizere no kwihesha agaciro ruharanira kumenya no guhanga umurimo basanga imvugo ibabwira ko Diplôme y’umukobwa ari umugabo nta gaciro igifite. Nk’uko Mutoniwase Gloriose [...]


