Ababyeyi b’abagore ni bo bafite uruhare runini mu burere bw’abana b’abakobwa nk’uko Depite Mukarindiro Liberata aherutse kubibwira abagore bo mu karere ka Kayonza ku munsi mpuzamahanga w’abagore. Uwo mudepite mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda avuga ko mu bana b’abakobwa batwara amada haba harimo abatazi igihe bashobora gutwarira inda, agasaba ababyeyi cyane cyane ab’abagore kubaganiriza [...]
Kayonza: Hari abagore bamenye ibyo kwizigama kubera umushinga Women for Women
Bamwe mu bagore bo mu mirenge ya Nyamirana na Kabarondo mu karere ka Kayonza, bavuga ko bamenye kwizigama babyigishijwe n’umushinga Women for Women ukorera muri ako karere. Uwo mushinga utoranya abagore b’abakene ukabafasha mu gihe cy’amezi 12, ayo mezi agashira hari intera bagezeho bivana mu bukene nk’uko bivugwa na Mukabaramba Imaculee wafashijwe n’uwo mushinga. Avuga [...]
Rwanda I “Akazi ko gutwara abantu kuri moto n’igitsinagore kiragashoboye” – Umumotarikazi
Mukeshimana Adidja utwara abagenzi kuri moto avuga ko igitsinagore kidakwiye kwitinya ku mirimo imwe n’imwe imenyerewe nk’iyigitsinagabo kuko n’abagore bayishobora. Uwo mukobwa w’imyaka 22 atwara moto muri sentere ya Kiramuruzi mu karere ka Gatsibo na Rukara mu karere ka Kayonza. Avuga ko umwuga w’ubumotari yumva awukunze kandi umuhesheje ishema kuko kuva akiri umwana yumvaga ashaka [...]
Alice X-commercial sex worker leads campaign against prostitution
Girls and women have been advised to learn and train in different arts and crafts or technical skills instead of seeking cheap and highly risky money from prostitution, according to Alice Mukashyaka a woman who stopped her profession of prostitution in Kayonza District. Mukashyaka said that most of the young girls she met through prostitution [...]
Rwanda : “Urubyiruko rw’abakobwa rukwiye kwiga ubukorikori aho kwishora mu buraya” – Umugore wakoraga uburaya
Umwe mu bagore n’abakobwa bahagaritse gukora uburaya mu karere ka Kayonza witwa Mukashyaka Alice, arasaba abana b’abakobwa kwiga ubukorikori aho gushakira amafaranga mu buraya. Mukashyaka avuga ko abana b’abakobwa benshi bahuriye mu buraya bavugaga ko babugiyemo kubera ibibazo by’ubukene, bagakora uburaya bashaka gukira. Yongeraho ko n’ubwo abana b’abakobwa benshi bajya mu buraya bahunze ubukene n’ubundi [...]
Rwanda | Kayonza: Abahoze bakora uburaya mu rugamba rwo gushishikariza abakiri mu buraya kubuvamo
Ishyirahamwe ryitwa Dushishoze ry’abagore n’abakobwa bahoze bakora uburaya mu karere ka Kayonza, riri gukangurira abakobwa n’abagore bagikora uburaya muri ako karere kubuvamo. Ni nyuma y’aho abo bagore bigishijwe n’imiryango itandukanye ifite kurwanya SIDA mu nshingano za yo. N’ubwo abo bagore n’abakobwa bamaze imyaka myinshi bakora uburaya, bavuga ko nta nyungu babubonyemo, iyo ikaba ariyo mpamvu [...]
Rwanda | Kayonza: Abahoze bakora uburaya bahawe imashini zo kudoda kugira ngo biteze imbere
Abagore n’abakobwa bagera kuri 27 bakoraga uburaya mu karere ka Kayonza bahawe imashini ebyiri zo kudoda. Abo bagore bafashe icyemezo cyo kureka uburaya nyuma y’inyigisho bahawe n’umuryango Health Poverty Action (HPA) ari na wo wabahaye izo mashini zifite agaciro k’ibihumbi 500. Izo mashini ngo zizabafasha kwiteza imbere aho guhora barambirije ku buraya nk’uko umukozi wa [...]
Rwanda | Kayonza: Abagore barasaba kugenerwa ku byinjizwa n amazu bari bareguriwe bakayamburwa
Abahagarariye inzego z’abagore mu karere ka Kayonza bavuga ko urwego rw’abagore muri ako karere rukwiye kugenerwa ku mafaranga yinjizwa n’inzu yitwa “inzu ya IGA” iherereye mu murenge wa Kabarondo mu karere ka Kayonza. Inzu ya IGA isanzwe yakira inama n’amakwe. Ubuyobozi bw’akarere ka Kayonza bwari bweguriye iyo nzu urwego rw’abagore kugira ngo ruyikoreshe mu rwego [...]
Rwanda | Murundi: Abagore barasaba gufashwa kugera ku iterambere by umwihariko
Abagore bo mu murenge wa Murundi mu karere ka Kayonza ngo barifuza gufashwa by’umwihariko kugira ngo bagere ku iterambere kimwe n’abagabo. Ibi byavuzwe na bamwe mu bagore bo mu murenge wa Murundi tariki 16/4/2012 ubwo bari mu gikorwa cyo gufunguza amakonti muri koperative Umurenge Sacco ya Murundi. Abo bagore bavuga ko muri SACCO Murundi bakwiye [...]


