Kuba abagore ari bo bahura n’ingaruka nyinshi mu gihe habayeho imihindagurikire y’ibihe kandi guhangana na byo bikaba bibagora bitewe n’imiterere karemano yabo ni ngombwa ko bafata ingamba zo kubungabunga ibidukikije kugira ngo bahangane n’izi ngaruka hakiri kare. Ubu butumwa bwatanzwe n’Umuhuzabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Abagore ku rwego rw’Intara y’Iburengerazuba, Madame Nyiranzeyimana Esperance, ubwo ku wa gatanu, [...]
Bugesera : Abagore bavuga ko gahunda za Leta zibafasha kwiteza imbere
Abagore bo mu karere ka Bugesera baratangaza ko gahunda za leta zitandukanye zibafasha kwiteza imbere zabagezeho bihagije kandi ko imibereho yabo yahindutse myiza ku buryo bugaragara ugereranyije n’imyaka yashize. Izo gahunda abo bagore bavuga ni nka politiki ya leta y’uburinganire bw’umugore n’umugabo, koroherezwa kubona inguzanyo mu bigo by’imari n’amabanki, guhabwa ijambo n’uruhare mu mirimo ibafasha [...]
Bugesera : abagore baboha uduseke bamaze gutera imbere bishimishije
Abagore bo mu karere ka Bugesera k’uri ubu bibumbiye mu makoperative aboha uduseke n’ibijyanye natwo none basigaye bariteje imbere babikesha agaseke. Abagore bo mu mirenge yose bakanguriwe kwitabira gahunda z’iterambere: ubwisungane mu kwivuza , gahunda ya sasa neza, gahunga ya ambaruberwe, iya tworozanye, ibi bigatuma umugore arushaho kwihesha agaciro no kwiteza imbere nk’uko bisobanurwa na [...]
N’abagore basigaye bakora umwuga w’ubuvumvu
Kera Abanyarwanda bavugaga ko nta mugore ushobora kuba umuvumvu. Nyamara kuri iki gihe birashoboka kuko uyu murimo usigaye ufatwa nk’ushobora kubyarira inyungu nyinshi nyir’ukuwukora. Abagore baturuka hirya no hino mu gihugu cy’u Rwanda twasanze mu mahugurwa yagenewe abavumvu n’ umuryango w’iterambere mpuzamahanga w’Abahorandi ukorera mu Rwanda ari wo SNV, bakaba barahuguwe kuva ku itariki ya [...]
Rusizi: Abari mu Nteko rusange y’abagore basabwe gushishikarira gahunda ya Hanga Umurimo nk’ imbarutso y’iterambere
Ibi babisabwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi wungirije ushinzwe Ubukungu n’Imari, Bwana Habyarimana Marcel, ubwo yatangizaga Inteko rusange y’abagore mu Karere ka Rusizi, kuri uyu wa gatanu, tariki ya 28 Ukuboza 2012. Nkuko yabivuze itangiza iyi nteko rusange, ngo nta mugore wari ukwiye gutegereza amakiriro ku bandi kandi nyamara hari amahirwe menshi Leta y’u Rwanda ikomeje [...]
Rwanda : Abagore bibumbiye muri Association Dushyigikirane batera imbere buri munsi.
Association Dushyigikirane ikorera mu murenge wa Masoro,akarere ka Rulindo,abarigize bavuga ko bateye imbere ku buryo bushimishije. Iyi Association igizwe ahanini n’abagore b’abapfakazi ,abantu bageze mu zabukuru,ndetse n’abana b’imfubyi.Intego yayo akaba ari ugushyigikira, no gufasha aba bantu bavuzwe haruguru kwiteza imbere, bakora imirimo itandukanye ibabyarira inyungu. Kubavana mu bwigunge,kubafasha guhindura imyunvire, no kureba imbere kugira ngo [...]
Rwanda | Gicumbi – abagore nabo basigaye bahingisha imashini
Umugore ari guhingisha imashini Nyuma y’aho akarere ka Gicumbi kitabiriye ubuhinzi bukoresheje ikoranabuhanga ryo guhingisha amamashini ubu abagore bo muri ako karere barakataje nabo muguhingisha imashini. Umwe mubagore bo mu murenge wa Miyove Mukandutiye Daphrose atangaza ko nabo babonye ubushobozi bwo guhingisha imashini. Yagize ati “ ubu se ko mbere twabitinyaga ngo n’iby’abagabo natwe twasanze [...]
Rwanda | UMUCO WAGIRAGA URUHARE MU IHOHOTERWA RY’IGITSINA GORE
Nyagatare: Kuba hari ibyahindutse mu muco nko guhabwa umunani no kwiga ku mwana w’umukobwa bitanga icyizere ko ihohoterwa rikorerwa abagore rizaranduka burundu. Ibi ni ibyatangajwe na Gikoko Jane uhagarariye inama nkuru y’abagore mu karere ka Nyagatare ni mu muhango wo gusoza iminsi 16 yahariwe kurandura ihohoterwa rishingiye ku gitsina. Muri uyu muhango kandi Imiryango 29 [...]
Rwanda : Mu duce twegereye parike y’ibirunga n’ishyamba rya Gishwati abagore baragenda barushaho kugira uruhare mu kurengera ibidukikije
Mukakamari Dancille avuga ko abagore bamaze kugera ku rwego rushimishije mu Rwanda ndetse bakaba banagenda bagera ku ntera nziza mu kurengera ibidukikije Uhagarariye ihuriro nyafurika ryita ku buringanire,iterambere ry’umuryango no kurengera ibidukikije,Mukakamari Dancille avuga ko mu Rwanda umunyarwandakazi amaze kugera ku ntera ishimishije mu nzego z’iterambere. Ibyo bikaba biterwa n’uko politike y’u Rwanda iha uruhare [...]
Rwanda : Uruhare rw’abagore rurakenewe mu kurwanya ibiyobyabwenge
Kuba abagore ari bo shingiro ry’uburere bw’abana, barasabwa gukurikirana ibikorwa by’abana ba bo, kuko byagaragaye ko abana bishora mu biyobyabwenge, ababyeyi bakabimenya batinze. Mu kiganiro Ihuriro ry’abanyarwandakazi bari mu nteko ishinga amategeko (FFRP) bagiranye n’abagore bahagarariye abandi ndetse n’abari mu nzego z’ubuyobozi bo mu karere ka Kamonyi, kuri uyu wa mbere tariki 24/9/2012, abagore basabwe [...]


